Igitabo cya mbere cya Samweli 27:1-12

  • Abafilisitiya baha Dawidi umujyi wa Sikulagi (1-12)

27  Dawidi aribwira mu mutima we ati: “Mbona umunsi umwe Sawuli azanyica. Ibyiza ni uko nahungira mu gihugu cy’Abafilisitiya. Sawuli azanshakisha mu gihugu cya Isirayeli cyose ambure, mbe ndamucitse.”  Nuko Dawidi n’ingabo ze 600, bajya kwa Akishi umuhungu wa Mawoki, umwami w’i Gati.  Dawidi n’ingabo ze bakomeza kubana na Akishi i Gati, buri wese ari kumwe n’umuryango we. Dawidi yari kumwe n’abagore be babiri, ari bo Ahinowamu w’i Yezereli na Abigayili w’i Karumeli, wahoze ari umugore wa Nabali.  Sawuli amaze kumenya ko Dawidi yahungiye i Gati, ntiyongera kumuhiga.  Dawidi abwira Akishi ati: “Niba unyishimira reka bampe aho gutura mu mujyi wo mu giturage, kuko ndi umugaragu sinkwiriye kuba mu mujyi umwami atuyemo.”  Nuko uwo munsi Akishi amuha Sikulagi. Ni yo mpamvu Sikulagi yabaye iy’abami b’i Buyuda kugeza n’uyu munsi.  Igihe* Dawidi yamaze mu gihugu cy’Abafilisitiya, ni umwaka n’amezi ane.  Dawidi n’ingabo ze barazamukaga bagatera Abageshuri, Abagiruzi n’Abamaleki, bari batuye mu gihugu cyaheraga i Telamu kikagera i Shuri, kikagera no mu majyepfo ku gihugu cya Egiputa.  Iyo Dawidi yateraga icyo gihugu, ntiyagiraga umugabo cyangwa umugore arokora. Yajyanaga inka, intama, indogobe, ingamiya n’imyenda, maze agasubira kwa Akishi. 10  Akishi yaramubazaga ati: “Uyu munsi mwateye he?” Dawidi akamusubiza ati: “Twateye mu majyepfo* y’u Buyuda, cyangwa ati: ‘Twateye mu majyepfo y’igihugu cy’Abayerameli’, cyangwa se ati: ‘Mu majyepfo y’igihugu cy’Abakeni.’” 11  Nta mugabo cyangwa umugore Dawidi yarokoraga ngo amujyane i Gati, kugira ngo yirinde ko yagerayo akavuga ibyabaye agira ati: “Dawidi yakoze ibi n’ibi.” (Uko ni ko yabigenzaga igihe cyose yamaze mu gihugu cy’Abafilisitiya.) 12  Akishi yemeraga ibyo Dawidi amubwiye, akibwira ati: “Ubu bene wabo b’Abisirayeli baramwanze; azakomeza ambere umugaragu igihe cyose.”

Ibisobanuro ahagana hasi

Mu rurimi iki gitabo cyanditswemo ni “Iminsi.”
Cyangwa “Negebu.”