Zaburi 141:1-10
Indirimbo ya Dawidi.
141 Yehova, narakwambaje.
Tebuka uze aho ndi.
Ninguhamagara, untege amatwi.
2 Isengesho ryanjye rimere nk’umubavu bategura imbere yawe,No gutakamba kwanjye kumere nk’ituro ry’ibinyampeke rya nimugoroba.
3 Yehova, mfasha kugenzura ibyo mvuga,Kandi unyobore mpitemo neza ibyo nkwiriye kuvuga.
4 Ntutume umutima wanjye ubogamira ku bibi,Ngo bitume mfatanya n’inkozi z’ibibi gukora ibikorwa bibi cyane by’ubugome.Sinzigera nifatanya mu birori byabo, ngo nsangire na bo ibyokurya byabo biryoshye.
5 Umukiranutsi nankubita, araba angaragarije urukundo rudahemuka.Nancyaha, biraba ari nk’amavuta ansutse ku mutwe,Kandi sinayanga.
Ndetse nzakomeza kumushyira mu isengesho, igihe azaba ageze mu byago.
6 Nubwo abacamanza babo bajugunywe ku rutare,Abantu bazita ku magambo yanjye kuko ashimishije.
7 Nk’uko iyo umuhinzi ahinga asanza ubutaka,Ni ko n’amagufwa yacu yanyanyagijwe ku Mva.*
8 Icyakora Yehova wowe Mwami w’Ikirenga, ni wowe mpanze amaso.
Ni wowe nahungiyeho,
Ntiwemere ko mfa.
9 Undinde kugwa mu mutego banteze,No mu mitego y’inkozi z’ibibi.
10 Ababi bose bazagwa mu mitego y’urushundura bateze,Ariko njyewe sinzayigwamo.
Ibisobanuro ahagana hasi
^ Mu rurimi iki gitabo cyanditswemo ni “Shewoli.” Ni ukuvuga, imva rusange y’abantu. Reba Ibisobanuro by’amagambo ku ijambo “Imva.”